Paroles de la chanson Twanze Gutoberwa Amateka par Kizito Mihigo

Chanson manquante pour "Kizito Mihigo" ? Proposer les paroles
Proposer une correction des paroles de "Twanze Gutoberwa Amateka"

Paroles de la chanson Twanze Gutoberwa Amateka par Kizito Mihigo

Rwanda mubyeyi wanjye, reka nkwihoreze
Ndetse nicyo wambyariye, nicyo wandereye
None ubwo maze gukura ngatora agateke
Ubwo naciye akenge reka ngukorere
Nkoreshe ibyiza wampaye maze nkwihoreze
Nkoreshe ibyiza wampaye maze nkwihoreze

Imyaka ibaye uruhererekane twibuka
Twibuka jenoside yakorewe abatutsi
Nyamara hariho benshi bakomeje gupfobya ayo mateka
Bagatinyuka kuyajora bakayatokoza uko bishakiye
Twanze gutoberwa amateka, twanze kuba insina ngufi
Twanze kugana aho tutazi nk'aho tutazi iyo tuva
Umuntu utema imizi y'igiti aba agamije kwica imbuto zacyo
Umuntu upfobya amateka aba agamije kwica ejo hazaza
Niba dufite icyerekezo cy'umunezero
Niba dushaka amahoro mu rwatubyaye
Jenoside niyitwe jenoside tubuze abandi kuyishakira utubyiniriro
Jenoside yakorewe abatutsi niwo musaraba w'uru Rwanda

Bavandimwe banyarwanda nidushyire hamwe
Dushyigikire ukuri gusa, twiheshe agaciro
Amateka yacu yose ameza n'amabi
Tuyarinde abashinyaguzi bagamije gusenya
Urukundo rw'igihugu nyarwo rutume tukirinda
Urukundo rw'igihugu nyarwo rutume tukirinda

Kera nkiri muto ngifite ababyeyi
Bambwiraga ko urumuri ngo rubonesha
Nanjye ubwo nkabikiriza nti : "Ibyo ntawe utabizi"
Ubungubu iyo ntekereje nzanga ntabyo nari nzi
Iyo ntaza kuba mu mwijima sinari kubona urumuri

Sinsingiza umwijima, sinshima ibibi byawo
Ahubwo ndawusobanura nkavuga ko ariwo utuma menya ibyiza by'urumuri
Sintaka umusataba ubwawo jyewe ndivugira izuka wangejejeho
Sinkunda urupfu ubwarwo kuko nta cyiza rugira
Ahubwo rutubera nk'umuryango tukinjira mu buzima buhoraho

Imyaka ibaye uruhererekane twibuka
Twibuka jenoside yakorewe abatutsi
Nyamara hariho benshi bakomeje gupfobya ayo mateka
Bagatinyuka kuyajora bakayatokoza uko bishakiye
Twanze gutoberwa amateka, twanze kuba insina ngufi
Twanze kugana aho tutazi nk'aho tutazi iyo tuva
Umuntu utema imizi y'igiti aba agamije kwica imbuto zacyo
Umuntu upfobya amateka aba agamije kwica ejo hazaza
Niba dufite icyerekezo cy'umunezero
Niba dushaka amahoro mu rwatubyaye
Jenoside niyitwe jenoside tubuze abandi kuyishakira utubyiniriro
Jenoside yakorewe abatutsi niwo musaraba w'uru Rwanda

Paroles.net dispose d’un accord de licence de paroles de chansons avec la Société des Editeurs et Auteurs de Musique (SEAM)

Sélection des chansons du moment